00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sonia Mugabo yasabwe aranakobwa

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 Ukuboza 2021 saa 10:44
Yasuwe :

Sonia Mugabo usanzwe ari umuhanzi w’imideli ukomeye mu Rwanda, yasabwe anakobwa na Twahirwa Diego bitegura kurushinga.

Ni umuhango wabaye mu mpera z’icyumweru tariki 4 Ukuboza 2021 nk’uko Sonia Mugabo yabisangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Sonia Mugabo yashimiye abamwambariye barimo na Ange Kagame.

Yari yaherekejwe kandi na Faith Keza uyobora Irembo, Teta Gisa umukobwa wa Gisa Rwigema, Teddy Mugabo uyobora Rwanda Green Fund n’abandi.

Uyu muhango ubaye nyuma y’aho mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka, Twahirwa Diego yafashe icyemezo akambika impeta Mugabo Sonia bari bamaze kwemeranya gutangira urugendo ruganisha ku kubana akaramata.

Sonia Mugabo asanzwe ari umwe mu banyamideli bakomeye mu Rwanda ndetse amaze igihe kinini muri uyu mwuga.

Diego Twahirwa we ni rwiyemezamirimo ukora ubuhinzi bwiganjemo urusenda. Afite amasezerano atandukanye na sosiyete zo mu Bushinwa, yo koherezayo urusenda.

Sonia Mugabo yasabwe anakobwa na Twahirwa Diego bitegura kurushinga
Sonia Mugabo yambariwe n'abarimo Ange Kagame (ubanza ibumoso mu bicaye)
Sonia Mugabo yashimiye ababyeyi be bamureze neza kugeza kuri uyu munsi w'amateka mu buzima bwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .